Isezerano Imana yagiranye n’ubwoko bwayo ryari ryishwe, maze ibwira Mose iti: “None nyihorera uburakari bwanjye bubagurumanire mbarimbure, na we nzaguhindura ubwoko bukomeye.” Ubwoko bw’Abisiraheli, cyane cyane ikivange cy’amahanga menshi, bahoraga bagomera Imana. Bivovoteraga n’umuyobozi wabo, kandi bakamutera agahinda ku bwo kutizera kwabo no kwinangira, bityo umurimo wo kubayobora kugera bageze mu Gihugu cy’Isezerano wari kuba ukomeye cyane kandi w’injyanamuntu. Ibyaha byabo byari byaramaze kubakuraho ineza y’Imana, bityo ubutabera bwasabaga ko barimbuka. Bityo, Imana yavuze ko igiye kubarimbura maze Mose ikamugira ishyanga rikomeye.
Amagambo Imana yavuze yari aya ngo: “None nyihorera . . . mbarimbure.” Niba Imana yari yagambiriye kurimbura Isiraheli, ni nde wajyaga kubasabira imbabazi?Ni bangahe batari kureka abanyabyaha bagakanirwa urubakwiye! Ni bangahe batari kunezezwa no gukira uwo muruho n’umutwaro ndetse no kwitanga byituwe kutanyurwa no kwivovota, maze bagashyirwa mu mwanya utuje kandi w’icyubahiro, mu gihe Imana ubwayo ari yo yari ivuze ko igiye kumuruhura?
Nyamara Mose yaritegereje abona yuko aharagagara ko hari ugucika intege n’umujinya hashobora kuboneka ibyiringiro. Amagambo y’Imana ngo: “nyihorera,” ntiyumvise yuko ari ukumubuza, ahubwo yumvise ko kwari ukumushishikariza kubavuganira; byerekanaga ko nta kindi kintu gishobora gukiza Abisiraheli uretse amasengesho ya Mose, ariko ko niba ayitakambiye atyo, Imana yajyaga kureka ubwoko bwayo. “Mose yinginga Uwiteka Imana ye ati: ‘Uwiteka, ni iki kigurumanishije uburakari bwawe, ukarakarira ubwoko bwawe wakuje mu gihugu cya Egiputa imbaraga nyinshi n’amaboko menshi?’”
Imana yari yavuze ko itakiri Imana y’ubwoko bwayo. Yari yabavuzeho ibwira Mose iti “ubwoko bwawe wakuye mu gihugu cya Egiputa.” Ariko Mose yicishije bugufi, yanze kwemera ko ari we muyobozi w’Abisiraheli. Ntibari abe, ariko bari ab’Imana. Yasabye Imana ati: ” ubwoko bwawe wakuje . . . imbaraga nyinshi n’amaboko menshi. Ni iki cyatuma uvugisha Abanyegiputa bati: ‘Kubagirira nabi ni ko yabakuriye ino, ngo ibicire mu misozi miremire, ibarimbure, ibakure mu isi’?”
Mu mezi make uhereye igihe Abisiraheli baviriye mu Misiri, inkuru yo gucungurwa kwabo gutangaje yari yarakwiriye mu mahanga yose yari abakikije. Abo bapagani bari bafite ubwoba kandi bahangayikishijwe n’ibigiye kuba. Bose bari bategereje kureba icyo Imana ya Isiraheli izakorera ubwoko bwayo. Iyo barimburwa ubwo, abanzi babo bari kuba batsinze maze Imana igasuzugurika. Abanyegiputa bari kuvuga ko ibyo babashinjaga byari ukuri, ko aho kujyana abantu bayo mu butayu gutamba ibitambo, yari kuba itumye baba ibitambo. Ntabwo abo bapagani bari kwita ku byaha by’Abisiraheli, ahubwo kurimbuka kw’ishyanga Imana yari yarahaye icyubahiro byajyaga gusuzuguza izina ryayo. Mbega uburyo abo Imana yahaye icyubahiro cyinshi bafite inshingano ikomeye yo gutuma izina ryayo rihabwa ikuzo mu isi! Mbega uburyo bari bakwiriye kwingengesera bakirinda gukora icyaha, ngo bihamagarire iteka ry’Imana kandi batume izina ryayo ritukwa n’abatayubaha!
Ubwo bageraga hafi y’aho Abisiraheli bari babambye amahema yabo, babonye abantu basakuza kandi babyina bazenguruka ikigirwamana cyabo. Ryari iteraniro rya gipagani, kandi kwari ukwigana iminsi mikuru yo mu Misiri yo gusenga ibigirwamana; nyamara se kuramya Imana no kuyubaha kwabo byari bihabanye n’ibyo bite! Mose yarumiwe bikomeye. Ni ho yari akiva imbere y’ubwiza bw’Imana, kandi nubwo yari yabwiwe ibiri kuba, ntabwo yari yiteguye ayo marorerwa ateye ubwoba yerekanaga guta agaciro kw’Abisiraheli. Mu rwego rwo kwerekana uburakari icyaha cyabo cyamuteye, yakubise hasi bya bisate by’amabuye, maze bimenekera imbere y’abantu, byerekanaga ko ubwo bishe isezerano ryabo n’Imana, Imana nayo ihagaritse isezerano ryayo na bo.
Mose yinjiye mu nkambi, anyura muri iyo mbaga y’abantu babyinaga, afata cya kigirwamana, akijugunya mu muriro. Arangije aragisya gihinduka ifu ayimisha mu kagezi kavaga mu musozi maze amazi yako ayanywesha abo bantu. Muri ubwo buryo herekanywe akamaro gake cyane k’icyo kigirwamana basengaga.
Uwo muyobozi ukomeye ahamagaza umuvandimwe we wakoze icyaha maze amubaza amukangara ati: “Aba bantu bakugiriye iki, cyatumye ubazanira icyaha gikomeye?” Aroni yagerageje kwiregura avuga ibyo abantu bamusabye kubakorera, yuko iyo atabemerera bajyaga kumwica. Yaravuze ati: “Databuja, uburakari bwawe ntibugurumane: uzi aba bantu, yuko berekeje imitima ku bibi. Barambwiye bati: ‘Turemere imana yo kutujya imbere, kuko wa wundi Mose, umuntu wadukuye mu gihugu cya Egiputa, tutazi icyo abaye.’ Nanjye ndababwira nti: ‘Ufite izahabu wese ayikature.’ Nuko barazimpa, nzijugunya mu muriro, havamo iki kimasa.” Yashatse kwemeza Mose yuko habaye igitangaza, yuko ku bw’imbaraga idasanzwe izahabu yajugunye mu muriro maze igahinduka inyana. Ariko inzitwazo zose n’ibyo yireguzaga byose nta cyo byari bivuze. Yafashwe rwose nk’umugome mukuru.
![](https://i.ytimg.com/vi/3bMnKgwrOz8/maxresdefault.jpg)