IMBARAGA ZIVA MU GUSENGA
Kuv 24:14
“Abwira ba bakuru ati “Mudutegerereze hano mugeze aho tuzagarukira aho muri, kandi Aroni na Huri murasigiranye, ushaka kuburana abasange.”
Ntibishoboka ko turwana intambara nziza yo kwizera, ngo tuyisoze neza tudakunda gusenga. Iminsi 40 Mose yamaze ku musozi asenga, Yosuwa yayimaze ari hafi nawe. Nubwo tutabwirwa icyo yakoraga, bigaragara ko nta kindi yari kuba akora uretse icyo yabonaga umuyobozi we akora, ari cyo gusenga. Mose yamanukanaga ubwiza, ubutware n'imbaraga kubw'igihe amaze ari imbere y'Imana, ariko na Yosuwa nawe yagabanaga ku mbaraga zizamushoboza kurangiza ubutayu amahoro. Gusenga si ikintu umukristo akora abonye umwanya, ni ubuzima bwe bwa buri munsi. Icyatumye Yesu abasha gusohoza umurimo yari yaratumwe na Se n'uko yakundaga gusenga. Yamaze iminsi 40 asenga mbere yo gutangira kwigisha; yaraye asenga mbere yo gutoranya Abigishwa be 12; yamaraga kwigisha akajya kwiherera asenga wenyine; bamufata i Getsemane bamusanze ari gusenga; ari ku musaraba amanitse yarasengaga; mbere yo gushiramo umwuka yabanje gusenga. Yesu yasengaga yiyirije ubusa, agasenga yanariye. Yasengaga amasengesho y'iminsi myinshi n'ayo gukesha ijoro, agasenga n'isengesho ry'amasegonda make cyane ari no mu bantu. Mu buryo bwose n'ahantu hose, ubuzima bwa Yesu bwari ubuzima bwo kuba mu masengesho. Muri iki gihe Abakristo benshi bavuga ko babura igihe cyo gusenga. Ibyo ni ibidashoboka ku muntu usobanukiwe umumaro wo gusenga n'uburyo bwo gusenga. Ijambo ry'Imana ritubwira gusenga mu buryo bwose no gusenga ubutitsa. Dushobora gusenga turi mu nzira tugenda; dushobora gusenga turi mu kazi kacu ka buri munsi; dushobora gusenga igihe cyose n'aho turi hose. Gusenga ntibigombera kuba dufite umwanya munini wo kutagira icyo dukora, bisaba kuba dufite imitima ihora ku Mana. Hari ubwo dusa n'abakuye Imana mu buzima bwacu bwa buri munsi, bigasa n'aho ibyabwo ari ibyacu yo bitayireba, nyamara uko ni ukudasobanukirwa ko ariyo tubereyeho, kandi ko ibyo dukora byose dukwiye kuba ari yo dukorera. “kandi yapfiriye bose kugira ngo abariho be gukomeza kubaho ku bwabo, ahubwo babeho ku bw'uwo wabapfiriye akanabazukira.” (2Kor 5:15). Aho tujya hose n'ibyo dukora byose, tugomba kumva ko tugendana n'Umwami wacu, kandi ko byose tubikorana nawe, kandi ari we tubikorera. Nitugenza dutyo, tuzagira amahoro muri byose, kandi duhirwe mu byo dukora kuko Imana izabana natwe muri byose, ikaduha ubwenge n'imbaraga byo gukora ibyo tugomba gukora byose. Ntituzabona umwanya wo kujya mu gukiranirwa, mu bidafite umumaro cg mu biganiro bidahesha Imana icyubahiro, ahubwo tuzagwiza imbaraga n'ubwenge bwo kurwana intambara nziza duhamagarirwa kurwana buri munsi, buri munota na buri segonda. Imbaraga zo kurwana no kunesha intambara yacu tuzivana mu gusenga. “Iherezo rya byose riri bugufi. Nuko mugire ubwenge mwirinda ibisindisha, mubone uko mugira umwete wo gusenga.” (1Pet 4:7).
Dusenge: “Mwami Yesu, ndashaka gusa nawe, wasengaga kenshi. Mpa gusa nawe by'ukuri, mu izina ryawe Yesu, Amen.”
Ещё видео!