AKAGA KO KWIRARA
1Bami 15:5
“kuko Dawidi yakoraga ibyiza imbere y'Uwiteka, ntateshuke ngo ave mu ijambo yamutegetse ryose iminsi yose yo kubaho kwe, keretse mu bya Uriya w'Umuheti.”
Dawidi ni umwe mu ntwari zo kwizera zihora zivugwa iteka mu mateka y'ubwoko bw'Imana. Nubwo hari abajya bamutekereza nk'umunyabyaha wahoraga akiranirwa agaca bugufi akihana, siko biri, ahubwo ikosa yakoze rikamugusha mu byaha bikomeye igihe kimwe, niryo ryatumye agira ibyo gukiranirwa yibukirwaho na benshi. Dawidi yubahaga Imana kuva akiri muto. Ubwo Uwiteka yatumaga Samuel kumwimika ngo abe umwami wa Israyeli, yaramuhamirije ko afite umutima umeze nk'uko ashaka (Ibyak 13:22). Zaburi yanditse zigaragaramo kubaha Imana gukomeye no kugendana nayo. Dawidi yari umukiranutsi wubaha Imana ari na yo mpamvu urwibutso rwe rwagumyeho iteka muri Israel. Igihe kimwe yaguye mu mutego w'umwanzi kubw'ikosa ryasaga n'iryoroheje yakoze. Yari amaze gucogoza abanzi be, amaze gukomera ku ntebe y'ubwami bwa Israel ntacyo yikanga, maze igihe yagombaga gutabara yohereza ingabo we arisigarira. “Nuko umwaka utashye mu gihe abami batabariraga, Dawidi atuma Yowabu n'abagaragu be n'Abisirayeli bose, barimbura Abamoni kandi bagota n'i Raba. Ariko Dawidi we yisigariye i Yerusalemu. Bukeye nimugoroba Dawidi yibambuye ku gisasiro cye, aza agendagenda hejuru y'inzu y'umwami. Maze ahagaze hejuru aho abona umugore wiyuhagira, yari umugore mwiza w'ikibengukiro. Dawidi amubonye atuma kubaririza uwo mugore uwo ari we. Maze umuntu aramubwira ati “Si Batisheba mwene Eliyamu umugore wa Uriya w'Umuheti?” Nuko Dawidi yohereza intumwa ziramuzana aza iwe, bararyamana (kuko yari yitunganije akize imyanda), maze asubira iwe. Bukeye arasama, atuma kuri Dawidi ati “Ndatwite.” (2Sam 11:1-5). Kudatabara igihe cyo gutabara, akaryama igihe cyo kurwana byamuviriyemo umutego wamuzaniye imibabaro y'uruhererekane kugeza apfuye. Iyo umuntu atari mu mwanya Imana imushakamo, aba ari m'uwo Satani amushakamo, kandi Satani niwe uba amuri hafi amuganiriza mu cyimbo cy'Umwuka w'Imana. Dawidi yabyutse ntacyo gukora afite, kuko icyo yagombaga gukora cyari ku rugamba, maze Satani ajya kumutembereza ahari umugore yateguye ko amubera umutego. Hari benshi bavuye mu mwanya Imana yabashakagamo, by'umwihariko mu murimo wayo bikabaviramo kugwa mu mitego y'umubi nyamara ntibamenye impamvu yabyo. Akenshi amarangamutima yacu niyo atubera inzitizi zo kuba mu mwanya Imana idushakamo. Dushaka kuba ahadushimishije n'ahatatugoye, ariko iha umugisha abayumvira bakaba aho ishaka. Bamwe bahitamo gukora ibyo abantu bashima bikababuza kumvira Imana. Nyuma yo kubona ko umugore w'abandi atwite inda ye, yashatse uko yayitirira umugabo we ariko biranga, ahitamo kumwica amurenganije, maze acyura umugore we. Uko ni ko iyo umuntu akoze ibyaha akabona ingaruka zigiye kumugeraho akenshi ashaka kwirengera bigatuma akora ibindi byaha ngo ahishe ibya mbere, ariko umuti w'icyaha ni ukwihana. Icyaha cya Dawidi cyarakaje Uwiteka. Nubwo yihannye akababarirwa, ingaruka zacyo n'akaga cyazanye yarinze apfa bikimugeraho. Uburangare bw'umunsi umwe bwakomotse mu kwirara, bwatumye umwanzi amurema uruguma rwo kumubabaza ubuzima bwe bwose. Ni ngombwa kuzirikana ko turi ku rugamba, tukumvira amategeko y'Umugaba wacu, tukaba mu mwanya adushakamo kuko ari ho aba yateganije guhagararana natwe. “Mwirinde ibisindisha mube maso, kuko umurezi wanyu Satani azerera nk'intare yivuga ashaka uwo aconshomera.” (1Pet 5:8).
Dusenge: “Mwami Yesu, ndagusaba ngo umpe guhora ndi maso kandi mbe aho unshaka iteka, mu izina ryawe Yesu, Amen.”
Ещё видео!