“GUPFA UZAPFA”
Itang 2:16-17
“Uwiteka Imana iramutegeka iti “Ku giti cyose cyo muri iyo ngobyi ujye urya imbuto zacyo uko ushaka, ariko igiti cy'ubwenge bumenyesha icyiza n'ikibi ntuzakiryeho, kuko umunsi wakiriyeho no gupfa uzapfa.”
Ibyiringiro Satani ahereza abantu abakoresha ibyaha, nuko nta ngaruka zabyo bazahura nazo. Abereka inyungu bafite mu gukora ibyaha akabibagiza ingaruka zabyo, ariko cyane cyane abateza kudatekereza namba ko Imana yabaremye izabahanira ibibi bakora. Ni ibinyoma bya kera byahereye ku babyeyi bacu ba mbere aribo yayobeje ababwira ko ibyo Imana yababwiye atari byo. “Inzoka yarushaga uburiganya inyamaswa zo mu ishyamba zose, Uwiteka Imana yaremye. Ibaza uwo mugore iti “Ni ukuri koko Imana yaravuze iti ‘Ntimuzarye ku giti cyose cyo muri iyi ngobyi’?” Uwo mugore arayisubiza ati “Imbuto z'ibiti byo muri iyi ngobyi twemererwa kuzirya, keretse imbuto z'igiti kiri hagati y'ingobyi ni zo Imana yatubwiye iti ‘Ntimuzazirye, ntimuzazikoreho, mutazapfa.’ ” Iyo nzoka ibwira umugore, iti “Gupfa ntimuzapfa, kuko Imana izi yuko ku munsi mwaziriyeho, amaso yanyu azahweza mugahindurwa nk'Imana, mukamenya icyiza n'ikibi.” Uwo mugore abonye yuko icyo giti gifite ibyokurya byiza, kandi ko ari icy'igikundiro, kandi ko ari icyo kwifuriza kumenyesha umuntu ubwenge, asoroma ku mbuto zacyo, arazirya, ahaho n'umugabo we wari kumwe na we, arazirya. Amaso yabo bombi arahweza, bamenya yuko bambaye ubusa, badoda ibibabi by'imitini, biremeramo ibicocero.” (Itang 3:1-7). Imana iti "gupfa muzapfa” Satani ati “gupfa ntimuzapfa.” Abantu birengagiza ibyo Imana yababwiye bemera ibyo Satani ababwiye. Guhera icyo gihe abantu bahora bayoba. Bahora bagendera mu binyoma bya Satani birengagije ukuri kw'iby'Imana yavuze. Muri iki gihe inyigisho zibwira abantu ko Imana y'urukundo itarimbura abantu yaremye zibaye nyinshi, ariko nta kindi zigamije uretse gutinyura abantu gukora ibyaha bibwira ko nta ngaruka. Ijambo ry'Imana rivuga ryeruye ko ingaruka z'ibyaha zigera ku bantu bakiri mu isi, kandi ko iherezo ryabo ari umubabaro w'iteka ryose aho Yesu yise muri gehinomu y'umuriro utazima. “Kandi isi ihumanijwe n'abaturage bayo kuko bishe amategeko, bagahindura ibyategetswe, bakica isezerano ridakuka. Ni cyo gitumye umuvumo utsemba isi n'abayibamo bagatsindwa n'urubanza, ni cyo gitumye abaturage b'isi batwikwa hagasigara bake.” (Yes 24:5-6). “N'ijisho ryawe nirigucumuza urinogore. Ibyiza ni uko wakwinjira mu bwami bw'Imana usigaranye ijisho rimwe, biruta ko wajugunywa muri Gehinomu ufite amaso yombi, aho ‘urunyo rwabo rudapfa kandi n'umuriro ntuzime.’ “Kandi umuntu wese azasābwa n'umuriro, nk'uko umunyu usāba ibyokurya.” (Mk 9:47-49). Si amaso y'umubiri yababwiraga kunogora, ahubwo ni imvugo yakoresheje ababwira kwihana, bakareka kunezeza imibiri yabo mu byaha. “Gupfa ntimuzapfa"; ikinyoma gikomeje kuyobya abari mu isi, kigatuma bagomera Imana bibwira ko ntacyo bitwaye, nyamara akaga kose kayirimo ni ingaruka zo gukiranirwa kw'abantu. Guhanwa bazahanwa, gupfa bazapfa barimbukire muri gehinomu y'umuriro utazima, niba batihannye ibyaha byabo ngo bahindukirire Umuremyi wabo bizere Umukiza Yesu Kristo ari we wenyine ukuraho ibyaha by'abari mu isi. Uko ni ukuri Itorero rikwiye guhamya rishikamye, hakagira abakira mu magana menshi y'abajya kurimbuka, nyamara benshi bamaze kubidohokaho. “kuko ibihembo by'ibyaha ari urupfu, ariko impano y'Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu.” (Rom 6:23).
Dusenge: “Mwami Yesu humura abo waremye, bamenye ingaruka zo gukiranirwa kandi bakwizere bakizwe, mu izina ryawe Yesu, Amen”
![](https://i.ytimg.com/vi/M9sQozTmJbQ/mqdefault.jpg)