GUFASHA BENE DATA B'AHANDI BAKENNYE
Ibyak 11:29
"Nuko abigishwa bagambirira koherereza bene Data batuye i Yudaya imfashanyo, umuntu wese akurikije ubutunzi bwe."
Kimwe mu byarangaga ubwiza bwari mu Bakristo ba mbere, ni ubumwe bwari hagati y'amatorero. S'uko bari bafite umuryango umwe bahuriyemo ufite umuntu uwuyobora ugaragara, ahubwo bari babizi ko abo basangiye amaraso ya Yesu bose ari bene Se. Ubwo ubuhanuzi bwageraga ku Bakristo bo muri Antiyokiya, bakabwirwa iby'inzara igiye gutera, bagize umutwaro wo gufasha bene Data batuye i Yudaya. "Muri iyo minsi abahanuzi bava i Yerusalemu, bajya mu Antiyokiya. Nuko umwe muri bo witwaga Agabo, arahaguruka arahanura abwirijwe n'Umwuka ati “Inzara nyinshi izatera mu isi yose.” (Ni yo yateye ku ngoma ya Kilawudiyo.) Nuko abigishwa bagambirira koherereza bene Data batuye i Yudaya imfashanyo, umuntu wese akurikije ubutunzi bwe. Babigenza batyo, babyoherereza abakuru babihaye Barinaba na Sawuli." (Ibyak 11:27-30). Nyuma Itorero ry'Imana ryaciye mu mateka maremare, rizamo ibice hagati y'imiryango ihuriyemo amatorero n'iyindi, no hagati y'abakristo ubwabo, ariko Ijambo ry'Imana ntiryahindutse. Imana ishaka ko tugira umutwaro w'Itorero ryayo ryose, kandi tugafasha Abera bose uko tubishobojwe. Mu myaka itari iya kera cyane ishize, hari amatorero yo mu bihugu byateye imbere yagiye agira umutwaro wo gufasha bene Data bo mu bihugu bikennye ndetse no gushyigikira ubutumwa bwiza muri byo, agatera inkunga umurimo w'Imana kandi byagize umumaro ukomeye mu kwagura ubwami bw'Imana muri ibyo bihugu. Nubwo kubw'impamvu zitari iza Kristo hari ubwo abo bene Data bitiranywa n'abandi bantu bagiye bakurikirana inyungu z'ibihugu by'abo mu bindi, umurimo bakoze wibukwa imbere y'Imana. Bamwe batangaga ku butunzi bwabo ari abapfakazi, abandi bakigomwa ibitandukanye kubwo kuzirikana ko hari ibihugu birimo bene Data bakeneye gufashwa. Iminsi yagiye ihinduka, iterambere rigenda rigera no mu bihugu bikennye, ku buryo henshi hatagikenewe cyane inkungu iva mu bihugu bya kure, ahubwo Abera bakwiye kwigishwa ko ubumwe bwo muri Kristo bukwiye kurenga ibikuta bine by'insengero bateraniramo, n'amazina y'imiryango itandukanye bagenda bahuriramo. Umubiri wa Kristo wose ukwiye kugirana ubumwe, kandi abera bakikorerana imitwaro n'imibabaro, batazitiwe n'ishyaka ry'idini ryenyegezwa cyane na bamwe bakurikiranye inyungu zabo bwite, bagashyira imbere amazina yabo n'ay'ibyo bubatse kuruta izina rya Kristo. Ubumwe bw'Umubiri wa Kristo si ingingo yo gutekerezaho cg kureka uko umuntu yishakiye, ni intwaro ikomeye y'abera bo mu minsi ya nyuma, aho imbaraga z'umwijima zenda kwikusanyiriza kugerageza gukuraho kwibukwa kwabo mu isi. "kuko twumvise ibyo kwizera kwanyu mwizeye Kristo Yesu, n'urukundo mukunda abera bose," (Kol 1:4). "kuko Imana idakiranirwa ngo yibagirwe imirimo yanyu n'urukundo mwerekanye ko mukunze izina ryayo, kuko mwakoreraga abera na none mukaba mukibakorera." (Heb 6:10).
Dusenge: "Mwami Yesu, shyira umutima wo gufashanya mu bwoko bwawe, mu izina ryawe Yesu, Amen."
Ещё видео!