MBESE NAMWE MURASHAKA KUGENDA
Yh 6:66-67
“Benshi mu bigishwa be bahera ubwo basubira inyuma, barorera kugendana na we. Yesu abaza abigishwa be cumi na babiri ati “Kandi namwe murashaka kugenda?”
Bitandukanye n'imigenzereze y'abantu, Yesu ntiyashakaga umubare munini w'abamukurikira, ahubwo yashakaga abamukurikira mu kuri. Ntiyashakaga ubwinshi bw'abamukurikira ahubwo yashakaga ubwiza bwabo. Nyuma y'uko atubuye imitsima agahaza abantu ibihumbi bitanu, iteraniro ry'abantu benshi ryaje kumushaka, bamubonye bamubaza igihe yagereye aho bamusanze. Yahise aberurira iby'ukuri, ko imitsima ari yo itumye baza kumushaka. “Nuko abo bantu babonye ko Yesu n'abigishwa be badahari, bikira muri ayo mato ubwabo bajya i Kaperinawumu kumushakirayo. Bamubonye hakurya y'inyanja baramubaza bati “Mwigisha, waje hano ryari?” Yesu arabasubiza ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko ibimenyetso mwabonye atari byo bituma munshaka, ahubwo ni ya mitsima mwariye mugahaga. Ntimukorere ibyokurya bishira, ahubwo mukorere ibyokurya bigumaho kugeza ku bugingo buhoraho, ibyo Umwana w'umuntu azabaha, kuko Se ari we Mana yamushyizeho ikimenyetso cyayo.” (Yh 6:24-27). Inkuru yari yageze kuri benshi y'uburyo ari gutubura imitsima n'amafi abantu ibihumbi bakarya bagahaga! Birashoboka ko hari haje abandi kubw'iyo nkuru, bakaba bari barenze cyane ibihumbi bitanu. Iyo aza kuba ashaka umubare munini w'abamukurikira, byari kuba byatangiye kugenda neza. Aho kwishimira ko bahuruye, yahise amera nk'ubacyuriye ko atari we baje gushaka ko ari imitsima ibazanye. Yahereye ubwo atangira kubabwira amagambo akomeye, bamera nk'abateranye amagambo ndetse bigera ubwo barakara barigendera. Uwo munsi gahunda y'imitsima ntayabaye, kuko yatangiye kubabwira iby'umutsima w'ubugingo kandi bo bishakira uw'ibifu byabo. Yababwiye ibyo kurya umubiri we no kunywa amaraso ye bamubwira ko ayo magambo badashobora kuyihanganira, kandi amenya ko abigishwa be nabo babyitotombeye. Byarangiye bamutaye bose, asigarana na cumi na babiri, Petero amubwira ko nabo ari uko nta handi bajya. “Benshi mu bigishwa be bahera ubwo basubira inyuma, barorera kugendana na we. Yesu abaza abigishwa be cumi na babiri ati “Kandi namwe murashaka kugenda?” Simoni Petero aramusubiza ati “Databuja, twajya kuri nde, ko ari wowe ufite amagambo y'ubugingo buhoraho, natwe tukaba twizeye tuzi yuko uri Kristo, Uwera w'Imana?” (Yh 6:66-69). Kuba nta wundi bari kujyaho, si uko bo bari banejejwe n'amagambo yavuze. N'uko bari baramenye ko ari we Kristo, maze biyemeza kumugumaho uko byaba kose. Bene abo nibo Yesu ashaka ko bamukurikira. Ni abamumenye by'ukuri, bakamukurikira ibihe byose, yaba yabahaye imigati cg atayibahaye. Ababaza niba nabo bashaka kugenda, ntabwo bwari uburyo bwo kubinginga ngo batagenda, ahubwo kwari ukubaha umudendezo wo kugenda niba babishaka. Kubwa Yesu, umugumaho kubw'imigati ariko ataramuhishurirwa arutwa n'uwigendera. Ntabwo yagiraga ibyo azigama ngo agumane benshi, yababwiraga Ijambo rye abamumenye bakamugumaho abafite ibindi bashaka bakagenda. Muri iki gihe hari abigisha bahitamo kutabwira abantu ukuri ngo birinde kubatakaza. Bahitamo kugumana igihiriri cyuzuye benshi badafite gahunda y'ubwami bw'Imana. Iyo si imikorere ya Kristo, kandi si n'urukundo nk'uko bamwe babyibeshyaho. Nta mwungeri ukunda intama wanga kuziha umuti wo kuzikiza ngo n'uko uri buzisharirire. Iyo ari intama nyakuri, umuti wayigenewe utuma irushaho kuba intama nziza. Naho iyo ari ibindi bisimba byivanze n'intama, imiti yazo ibigwa nabi bigahunga. Kwanga kubwira abantu ukuri ngo batagenda, kwanga kubabwira kwihana n'ibindi byose bikwiye mu kuvura uburwayi cyane cyane bw'ibyaha no gukiranirwa mu bwoko bw'Imana, ni nko gushaka kugumana impyisi n'ibirura mu rwuri, ukanga gukora umurimo wari gutuma hasigara intama. Ni ubwo buryo Itorero ry'Imana ryinjirirwa n'umwijima abungeri barebera, maze ibirura bigaconcomera umukumbi. Bishimira kugumana abantu bazarimbuka, bakanga kubabwira ukuri ngo bakizwe nko mu gihe cya Ezekiyeli. “Kuko ibinyoma byanyu ari byo mwateje umutima w'ubukiranutsi agahinda, uwo ntateye agahinda, mugakomeza amaboko y'inkozi y'ibibi kugira ngo idahindukira ikava mu nzira yayo mbi ikabaho,” (Ezek 13:22). Umwungeri nyakuri, avura uburwayi bw'umukumbi, akawutegurira kuzishimirwa n'Umutahiza ubwo azaza.
Dusenge: "Mwami Yesu, sura umukumbi wawe, ukize uburwayi kandi uwukize amasega, mu izina ryawe Yesu, Amen."
Ещё видео!