#inzuyibitabo
Diyabete ni indwara iteje ikibazo, ndetse kuri ubu bamwe basigaye bayitinya kurenza uko batinya SIDA. Ni mu gihe kuko ni indwara igutegeka ibyo ugomba kurya n’ibyo ugomba kureka, igutegeka kugira imyitwarire runaka uhindura, muri macye kurwara diyabete bigusaba guhindura byinshi.
Abagabo bamwe irabakona, gutera akabariro bakabyibagirwa.
Abandi ituma imitsi ijya mu mano yangirika, bikaba ngombwa ko amano acibwa
Hari n’abaraza ibirenge mu mazi ngo barebe ko babona agatotsi kuko biba bishyushye cyane.
Impamvu nyamukuru zitera diyabete zishingiye ku ikoreshwa ry’umusemburo wa insuline mu mubiri. Hamwe bishobora guterwa nuko insuline yabaye nkeya mu mubiri, ahandi bigaterwa nuko umubiri utari kubasha gukoresha insuline ufite. Imikoresherezwe ya insuline mu mubiri akenshi ikaba ihungabanywa n’umubyibuho udasanzwe kimwe na stress.
Iyo umubiri uhagaritse gukora uyu musemburo wa insuline, byitwa diyabete yo mu bwoko bwa mbere (Type 1 diabetes) naho iyo umubiri wananiwe gukoresha insuline ihari byitwa diyabete yo mu bwoko bwa kabiri (Type 2 diabetes).
Hari ubundi bwoko bwa diyabete twashyira mu bwoko bwa gatatu, iyi akaba ari diyabete ikunze gufata abagore bafite inda nkuru, hejuru y’amezi 5. Gusa iyo amaze kubyara ihita yikiza. Ariko ntitwabura kuvuga ko umugore urwara iyi diyabete atwite aba afite ibyago byinshi byo kuzarwara diyabete yo mu bwoko bwa 2.
Kurwara diyabete bishobora kuba:
Akoko
Guterwa n’umubyibuho udasanzwe
Stress ndetse no
Kutabasha gukoresha neza ibyo turiye mu mubiri.
Subscribe to my YouTube Channel:
[ Ссылка ]
IG: [ Ссылка ]
Facebook:[ Ссылка ]
Ещё видео!