ISHYIRWA MU BIKORWA RYA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI KU MA TARIKI YA 26;27/4/1994. Ku matariki ya 26 ndetse na 27 z’ukwezi kwa kane mu mwaka wa 1994 mu Rwanda hose Jenoside yarakomeje abahutu babahezanguni barangajwe imbere na Guverinoma y’abatabazi n’Igisirikare cya FAR Bakomeza Gutsemba abatutsi bahereye ruhande .batsemba umututsi ntakubaza yaba ari uruhinja;Umusaza;Umukecuru;umwana ;Umugabo;Umugore ndetse n’Ufite Ubumuga.abatutsi barimbuwe hose bari bari kandi bishwe mu buryo bubaje bwuzuye iyicarubozo ntagereranywa .muri jenoside yakorewe abatutsi hakoreshejwe system yaho Benshi bica bake kuko Leta yakoze ibishoboka byose ikangurira abatutrage babahutu kwitabira Jenoeside ibyo byatumye kenshi ndetse henshi cyane abicanyi barabaga baruta abo bica hari naho byabaga akarenga ugasanga Umwana w’Imyaka irindwi avubuwe ahantu hakaza Igitero cy’abagabo bakuru nka 40 baje kwica Umwana umwe utaranagera ku kigero cyo kwifatira icyemezo yewe atanazi nuwariwe kuburyo kumwica umwita umututsi yabaga abikeneyeho ibisobanuro atabyumva neza.ibi byerekana Uburyo Ubukangurambaga bwo gukora Jenoside bwari bwarakoranywe imbaraga zihambaye kugeza aho abagabo 40 bateranira kwica umwana muto cyane ngo kuko ari umututsi.Ibi rero byabaye kenshi mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi kandi buri munsi kuva tariki 7/4/1994 n’Iminsi yakurikiyeho rero mu kiganiro cyacu cyuyu munsi kimwe mu biganiro byuruhererekane byibanda kwishyira mu bikorwa ry’Umugambi wa Jenoside yakorewe abatutsi Tugiye kwibanda cyane ku byaranze amatariki ya 26 na 27 z’ukwezi kwa kane mu 1994.iki ni igice cya 13 kuri iyi ngingo. mu gutegura iki kiganiro nifashije Igitabo cyashyizwe hanze n’icyahoze ari Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG kitwa “RWANDA 1991-1994:ITEGURWA N’ISHYIRWA MU BIKORWA RY’UMUGAMBI WA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI MU RWANDA” kikaba cyaragiye hanze mu kwezi kwa gatatu mu 2021. iyi ni Intsinzi Tv.Uwaguteguriye Iki kiganiro ni BIZIMANA Christian.naho jye ugiye kukikugezaho ndi ERIC SAFARI.Mbahaye Ikaze.
Ku Itariki ya 26 Mata 1994 Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi warakomeje mu gihugu cyose ukomeza kandi ufite intego karahabutaka yo gutsemba abatutsi uwo munsi rero habayeho bumwe mu bwicanyi bwakorewe abatutsi mu zahoze ari Perefegitura za BUTARE,KIBUYE NA GITARAMA.
Uwo munsi Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Mugina muri Kamonyi.Paruwasi ya Mugina iherereye mu Kagari ka Mbati, Umurenge wa Mugina, Akarere ka Kamonyi. Muri Jenoside Paruwasi ya Mugina yahungiyeho Abatutsi baturutse imihanda yose barimo abaturutse mu Bugesera, Kigali y’Umujyi, Kigali Ngari no mu Makomini yari aturanye na Komine Mugina. Rero Hari Abatutsi benshi ku
buryo bari baziko bazirwanaho nta kibazo bazagira. Abatutsi bari barahahungiye birwanyeho ubwo bari batangiye guterwa, ariko babifashijwemo na Burugumesitiri wa Komini Mugina Ndagijimana Callixte utari ushyigikiye ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi.
Burugumesitiri Ndagijimana yafashe abasore b’Abahutu,
Abatutsi n’abapolisi ababwira ko azajya abahemba ariko bakarwanya ibitero biturutse ahitwa Mbati, Mukinga, Jenda n’ahandi.Uwigeze kuba Burugumesitiri wa Mugina witwa Ngiruwonsanga Onesphore uzwi ku izina rya Gitaro niwe wakoresheje inama ategeka ko bafunga amazi, avuga ko
inzoka utayicishije inzara cyangwa inyota udashobora kuyica. Bafunze amayira,bakoresheje bariyeri, bashyiraho imbwa zo kubahiga ku buryo ntawabonaga aho anyura ajya gushaka icyo kurya. Inzara yatangiye kubica, bafata icyemezo cyo gutungwa n’inka bari barahunganye. Ibitero byakomeje kuza bimwe biyobowe na Ngiruwonsanga, ibindi biyobowe na Kanyanzira. Rero Icyo babanje gukora ni ukwica Burugumesitiri Ndagijimana Callixte,bamwiciye i Ntongwe.
Noneho Bahuruje impunzi z’Abarundi zari ahitwa i Nyagahama, I Kinazi kugirango zize kubafasha kwica. Haje imodoka zigera kuri 14 zipakiye abasirikare, interahamwe bafite n’intwaro, hiyongeragaho n’ibitero biturutse ahitwa Kabugondo, Ngoma, Runda n’ahandi. Ubwicanyi bwatangiye gukara kuva tariki ya 25/04/1994 ariko baza kubamaraho tariki 26/04/1994.Abari bahungiye kuri Paruwasi bicishijwe intwaro zitandukanye zirimo imbunda, gerenade noneho nyuma y’izo ntwaro za kizungu abaturage bakabiraramo n’ibisongo, imihoro, amabuye n’ibindi. Abagize uruhare muri ubwo bwicanyi bamenyekanye cyane harimo Major Karangwa Pierre Claver, Ngiruwonsanga
Onesphore, Kanyanzira n’abandi batandukanye.
Uwo munsi kandi wa tariki ya 26/4/1994 Abatutsi benshi cyane biciwe mu kigo cya ISAR Rubona muri Huye.Mbere ya Jenoside, ISAR Rubona yari muri komini Ruhashya. Aha rero Hahuriye Abatutsi benshi baturutse ku Gikongoro, Maraba, Ruhashya, Rusatira, Mbazi na Mugusa bakusanyirizwa kuri Mont Rubona ari benshi cyane. Abenshi babatangiriraga muri Komini Mugusa bashaka guhungira i Burundi bakabasubiza inyuma muri ISAR
Rubona. Aha Hari hahungiye kandi Abatutsi bahakoraga. Ibitero byabamaze byaturutse muri izo Komine zose bikurikiye Abatutsi babo bahahungiye, nyuma yo kurangiza abari kuri komini Ruhashya na Mbazi mu Byiza.
Ещё видео!