Abagera kuri 13 batawe muri yombi na Polisi y'u Rwanda kubufatanye na RIB ubwo bari mu mugambi wo gutera ibisasu ahahurira abantu benshi hano mu mujyi wa Kigali Nyabugogo ndetse no kunyubako zo mu mujyi wa Kigali zirimo umuturirwa wa Kigali City Tower ndetse no kuri Kigali Investment Company ahazwi nko kuri UTC.
Polisi yatangaje kandi ko iperereza yakoze ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ryerekanye ko ako gatsiko gakorana n’umutwe w’iterabwoba wa ADF ufitanye imikoranire na , bamwe bakaba barafatiwe mu Mujyi wa Kigali abandi bafatirwa mu Karere ka Rusizi na Nyabihu, bakaba barafashwe mu bihe bitandukanye.
![](https://s2.save4k.ru/pic/aJE80LGtmTI/maxresdefault.jpg)