KANDI NTIMUKAGERAGEZE UMWAMI WACU
1 Kor 10:9
“Kandi ntimukagerageze Umwami wacu, nk'uko bamwe bo muri bo bamugerageje bakicwa n'inzoka.”
Imirimo Imana ikora tukayibona, iyikora kubw'urukundo rwayo, ariko nanone iba ishaka ko iyo mirimo ituma kwizera kwacu gukura tukarushaho kumenya Imana no kuyinezeza. Iyo twabonye ibitangaza by'Imana ariko ntitwizere tugakomeza gushaka ibindi bimenyetso, biba ari ukugerageza Imana. Mu rugendo rw'Abisirayeli, hari aho bagize kunanizwa n'urugendo, aho kwihangana bavuga Imana na Mose nabi Imana irabahana. “Bahaguruka ku musozi wa Hori baca mu nzira ijya ku Nyanja Itukura, ngo bakikire igihugu cya Edomu. Imitima y'abantu icogozwa cyane n'urwo rugendo. Abantu bavuga Imana na Mose nabi bati “Mwadukuriye iki muri Egiputa mukatuzana gupfira mu butayu? Ko ari nta mitsima tuhaboneye, akaba ari nta mazi, kandi tubihiwe n'iyi mitsima mibi.” Uwiteka yohereza mu bantu inzoka z'ubusagwe butwika zirabarya, abantu benshi bo mu Bisirayeli barapfa.” (Ibar 21:4-6). Bari barabonye imirimo ikomeye y'Imana, ariko kuko imitima yabo yibereye ku bindi, akabazo gato katumaga binubira Imana, bakavuga nabi ibyo bararikiye aho kubisaba mu guca bugufi. Abantu bafite iyo mitima, ntacyo Imana ishobora kubakorera ngo bizere kuko ibyo baba barabonye biba bihagije ngo bizere, ariko kubw'imitima yabo idakunda Imana, ifite ibindi yibereyeho ntibigera bizera. Nta shimwe bagira mu mitima yabo, ntibigera batekereza ku neza Imana yabagiriye ngo bitume bayikunda, ahubwo bahora batekereza kubyo bararikiye. Kenshi ntibatekereza ko hari icyo bagomba Imana, ahubwo bisa n'aho Imana ariyo iba ibagomba imirimo nk'aho ari yo Mugaragu wabo. Abo nibo bagerageza Imana, kandi bikabaviramo ingaruka mbi nk'Abisirayeli. Satani yashatse kugusha Yesu muri uwo mutego ariko Yesu ntiyabyemera. “Maze umwanzi amujyana ku murwa wera, amuhagarika ku gasongero k'urusengero aramubwira ati “Niba uri Umwana w'Imana, ijugunye hasi kuko handitswe ngo‘Izagutegekera abamarayika bayo,Bakuramire mu maboko yabo,Ngo udakubita ikirenge ku ibuye.’ ” Yesu aramusubiza ati “Kandi handitswe ngo ‘Ntukagerageze Uwiteka Imana yawe.’ ” (Mt 4:5-7). Yesu yari abizi ko Ijambo ry'Imana ari ukuri, ariko ko bidakwiye kuyigerageza ngo turebe ko ikora ibitavuye muri gahunda yayo nk'aho tutizeye ko Ijambo ryayo ari ukuri. Imana ni Umwami kandi dukwiye kugira igitinyiro cyayo mu mitima yacu, tukayiha icyubahiro cyayo. Ntabwo tugomba kuyihindura igikoresho cyo kwinezeza nk'aho ibyo ikora bigamije gushimisha amaso yacu gusa. Imirimo Imana ikora iba igamije kutugirira neza mu rukundo rwayo, ariko kandi iba igamije no gukuza kwizera kwacu ngo turusheho kuyimenya no kuyubaha. Imirimo twabonye rero, dukwiye kuyiheraho tukamenya ko Imana ari nzima, bikadutera guhora tuyubaha no mu bigeragezo. Nibyo bizatuma tunesha urugamba rurushaho kwiyongeranya umunsi ku wundi, kandi tuzavaho ari uko tugeze mu ijuru.
Dusenge: “Mwami Yesu, ndagushima kubw'imirimo ikomeye wanyeretse. Mpa kuyizirikana ndusheho kukwizera no kukubaha, mu izina ryawe Yesu, Amen.”
Ещё видео!