Mu ijoro ryakeye ahegereye umupaka w’u Rwanda na DRCongo mu mudugudu wa Bisizi Akagari ka Rukoko mu murenge wa Rubavu humvikanye amasasu, biravugwa ko hari abantu barashwe n’abashinzwe umutekano bagerageza gucengera mu buryo butemewe mu Rwanda.
Abahatuye muri aka gace babwiye umunyamakuru w’Umuseke i Rubavu ko abarashwe bapfuye. Aya makuru ntaremezwa n’abayobozi cyangwa abashinzwe umutekano kugeza ubu.
Abatuye aha bavuga ko amasasu yavuze umwanya muto mu masaha ya kare mu ijoro ryakeye.
Umunyamakuru w’Umuseke yageze aho byabereye, bamubwira ko abapfuye barashwe ari batatu aba ngo bakaba basanzwe ari abo bita ‘abacoracora’ (aba ni abinjiza frode baciye ku mipaka itemewe) bari bikoreye ibintu binjira mu Rwanda mu nzira zitemewe.
Ahagana saa tatu z’ijoro, bagenzi babo ngo bahise bashaka guhorera bagenzi babo maze batera Inkeragutabara zari ku irondo bararwana bakomeretsamo batandatu muri zo. Abo bacoracora bahise bafatwa n’abashinzwe umutekano barafungwa nk’uko byemezwa n’abayobozi b’ibanze muri aka kagari.
![](https://i.ytimg.com/vi/ikipw70VUdI/mqdefault.jpg)