Uko ari barindwi baregwaga ubwinjiracyaha bw'icyaha cy'ubwicanyi cyakorewe Mukamana Sandrine, ngo bakaza guteshwa bataragera ku mugambi wabo.
Urubanza rwabo rwatangiye kuburanishwa mu ruhame tariki 5 Werurwe 2020 ruza gusubikwa kubw'uko hari abatari bunganiwe aho rwaje kwimurirwa tariki 9 Werurwe 2020 baburana mu mizi ku cyaha baregwaga n'ubushinjacyaha.
N'urubanza rwafashe amasaha agera ku munani ruburanwa mu ruhame nkuko urukiko rwari rwa byifuje, mu gusobanura uko abaregwa bakoze iki cyaha. ubushinjacyaha bwafashe umwanya bugaruka kubyo baregwa birimo kuba barahohoteye UMUHOZA Sandrine ubwo bari mubirori bari bamutumiyemo bakinezeza, nyuma bakaza kumufata bakamwogosha umusatsi n’ibitsike ku ngufu bakoreshe umakasi na girette bamufashe amaguru n’amaboko bakanamucagaguriho imyenda yari yambaye agasigara yamabaye ubusa, ari nako bamukubita inkoni banamufata amashusho amwe muriyo bakanayashyira ku mbuga nkoranyambaga.
ubushinjacyaha kandi bweretse urukiko bimwe mubimenyesto byakusanyijwe birimo imisatsi ya Sandrine imakasi na girette byakoreshejwe ndeste n’imyenda yari yambaye icyo gihe icakaguritse cyane harimo n'akenda ke k'imbere gusa bukavuga ko hari itarabonetse irimo nk’ipanataro ye.
Abunganira abaregwa basabye Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kwiyambura ububasha abaregwa bakaburanira mu Rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kuko uwahohotewe yakubiswe byoroheje kuko ngo uwakubiswe nta bumuga byamuteye, ndetse ko atapfuye.
abaregwa ariko bakomeje kuburana bahakana icyaha baregwaga n'ubushinjacyaha aricyo cy'ubwinjira cyaya mu bwicanyi gusa bemera ko bo icyaha bakoze ari icyo gukubita nogukomeretsa.
uru rubanza rwaje gusoza ubushinjacyaha busabiye abaregwa igihano cy'igifungo cy'imyaka 25 n'ihazabu ya miriyoni 100.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2020 nibwo Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ku cyicaro cyarwo giherereye i Nyamirambo
Urukiko:
-Rwemeje ko inzitizi y'iburabubasha nta shingiro ifite
-Rwemeje ko ikirego cy'ubushinjacyaha gisuzumwe kandi kikaba gifite ishingiro.
-Rwemeje ko ubwinjiracyaha bw'icyaha cy'ubwicanyi buhama NAMIRO Zaiyina wiyita Uwase, KAMANA CYIZA bita Cardinal, MUHOZI Connie, UMULISA Gisele bita Fifi, UMUHOZA Rosine, MUTONI Hadidja n'UWIMANA Zainabu.
-Rwemeje ko batsinzwe ubushinjacyaha butsinze
-Rwemeza ko ruhanishije buri wese igifungo cy'imyaka 25.
-Rwemeza ko ikirego cy'indishyi cya MUKAMANA Sandrine gifite ishingiro kuri bimwe.
-Rwemeje ko NAMIRO Zaiyina wiyita Uwase, KAMANA CYIZA bita Cardinal, MUHOZI Connie, UMULISA Gisele bita Fifi, UMUHOZA Rosine, MUTONI Hadidja n'UWIMANA Zainabu , bafatanya guha MUKAMANA Sandrine indishyi zingana na miriyoni 4 470 425 z'amafaranga y'u Rwanda nk'uko zasobanuwe.
-Rwemeza ko telephone 6 zafatiriwe iya Zaina, iya Rosine, iya Zainabu, iya Hadidja n'ebyiri za Gisele zitezwa cyamunara amafaranga avuyemo agashyirwa kuri konti yabugenewe iri mu kigo cy'imisoro n'amahoro.
Urukiko kandi rwemeje ko basonewe amagarama kuko bafunzwe.
Kubwo kwirinda ikwirakwizwa ry'icyorezo cya Coronavirus, urukiko rwasomye imyanzuro yururubanza yaba ubushinja cyaha n'abaregwa nta n'umwe uhari ari nayo mpamvu TV na Radio1 bitabashije kumenya niba hari uruhande rutanyuzwe n'imyanzuro urukiko rwafashe kuri uru rubanza ngo rutangaze ko ruzayijuririra, gusa ubwo bizaba byamaza kumenya ibindi kuri iyi nkuru bikazabibatangariza.
![](https://i.ytimg.com/vi/o76zss3jAxo/mqdefault.jpg)