Mu mico itandukanye hirya no hino ku isi usanga hari abantu bagishaka abagore benshi kandi bikemerwa, gusa nanone usanga ahenshi ku isi leta zitemera abagore barenze umwe, wagera ku madini menshi ya gikirisitu ho ugasanga hafi yayose ahuriza kugushakana n’umugore umwe ukuyemo Eglise primitive du seigneur.
Muri uru rusengero biremewe gushaka umugore urenze umwe ibi si amagambo gusa ahubwo biranakorwa.
Muribuka mu minsi ishize ubwo twatahaga ubukwe bw’umupasteri wo muri kivu yaruguru mu mujyi wa bukavu warongoraga abagore batatu umunsi umwe? Yitwa frère Zagabe Chiluza kubatamwibuka
Uyu munsi twagarutse muri Congo nanone, Aha turi ni umurwa mukuru wa kivu y’amajyaruguru, mumugi wa Goma.
Uyu nawe Yitwa BYAMUNGU KANJIRA PROSPER, uyu munsi akaba agiye kurongora abagore batatu icyarimwe, ni ukubera iki? Kuki aba bakobwa batashatse abandi bagabo? Bwaba ari ubuke bw’abagabo muri kano gace? Ese iri ni dini nyabaki ryemerera gushyingira umugabo abagore barenze umwe?
@afrimaxswahili@afrimaxfrancais @AfrimaxEnglish
Ещё видео!