INKURU @kigalitoday1 :
Bamwe mu Ntwari z’i Nyange, abapfuye bazize abacengezi n’abakiriho
Ni abari abanyeshuri mu ishuri ryisumbuye rya Nyange aho bamwe bigaga mu mwaka wa Gatanu n’uwa gatandatu w’amashuri yisumbuye, nyuma y’uko banze kwitandukanya igihe baterwaga n’abacengezi mu ijoro ryo ku wa 18 Werurwe 1997.
Ubwo bangaga kwitandukanya nk’uko babihatiwe n’abacengezi bababwiraga bati “Abatutsi bajye ukwabo n’Abahutu ukwabo”, abo bana bagaragaje ubutwari basubiza abacengezi bagira bati “Twese turi Abanyarwanda”.
Muri izo Ntwari z’Imena ubu abariho ni 39 nyuma y’uko ku ikubitiro batandatu baguye muri icyo gitero, umwe yitaba Imana muri Nyakanga 2001 azize ibikomere yatewe n’icyo gitero cy’abacengezi mu gihe undi yitabe Imana muri 2018 azize indwara.
Abatakiriho muri izo ntwari ni Bizimana Sylvestre wigaga mu mwaka wa gatandatu, ni mwene Mwitende na Mukarusagara. Yavukiye mu mudugudu wa Nyacyonga, mu Kagari ka Kagasa, Umurenge wa Gahanga, Akarere ka Kicukiro mu 1975. Yize amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’amashuri rwa Rilima no mu Ishuri Nderabarezi rya Nyange. Yaguye mu bitaro by’i Kabgayi biturutse ku bikomere by’amasasu yarashwe n’abacengezi.
Mujawamahoro Marie Chantal wigaga mu mwaka wa gatandatu ni mwene Twagirumwami Thomas d’Aquin na Nyiranzigiye Immaculée. Yavukiye mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’iburengerazuba ku wa 24 Mata1975. Amashuri abanza yayize ku kigo cya Nyamasheke kuva mu 1981 kugeza mu wa 1986, ayisumbuye ayiga mu Ishuri Saint Cyprien ry’i Nyamasheke no mu Ishuri Nderabarezi rya Nyange ariho yaguye yishwe n’abacengezi.
![](https://i.ytimg.com/vi/rbibnZfYPvo/maxresdefault.jpg)