BATERANIYE KURWANYA UWITEKA N'UWO YASIZE
Ibyak 4:26
“Abami bo mu isi bateje urugamba, N'abakuru bateraniye hamwe, Kurwanya Uwiteka n'Uwo yasīze.’”
Umunara w'i Baberi bwari ubumwe bw'abantu bari bishyiriye hamwe kurwanya umugambi w'Imana wo gukwiza abo yaremye mu isi yose. “Baravuga bati “Mureke twiyubakire umudugudu n'inzu y'amatafari ndende, izagere ku ijuru, kugira ngo twibonere izina rimenyekana, twe gutatanira gukwira mu isi yose.”
(Itang 11:4). Bwari uburyo bwo kwimura Imana no kwihangira inzira yabo yo kugera mu ijuru. Ibyanditswe byera bivuga ko mu minsi y'imperuka ibyo bizongera kubaho, aho isi yose iziteraniriza kugomera Imana Ihoraho no kurwanya Abera bayo. “Bazarwanya Umwana w'Intama, ariko Umwana w'Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n'Umwami w'abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.” (Ibyah 17:14). Ni urugamba rwa nyuma rw'Itorero, aho abami b'isi n'ab'imyizerere itumvira Umwami Yesu Kristo, bazihuriza mu bumwe bw'abadayimoni, ngo barwanye umurimo w'umusaraba wa Kristo. Yesu yavuze ko yaje kuzana inkota ngo atandukanye abari mu mucyo n'abari mu mwijima. “Mwe gutekereza ko nazanywe no kuzana amahoro mu isi. Sinaje kuzana amahoro, ahubwo naje kuzana inkota. Kuko naje gutanya umwana na se, umukobwa na nyina, umukazana na nyirabukwe, abanzi b'umuntu bazaba abo mu rugo rwe.” (Mt 10:34-36). Hariho ibyitwa imana byinshi n'ibisengwa byinshi. Umugambi wo guhuriza hamwe abavuga ko basenga bose, ngo bumve ko ari Imana imwe basenga kandi ko izo nzira zabo zose zizabageza hamwe nubwo batakwita ku izina rya Kristo, ni umugambi w'umubi wo guha abantu ubumwe bw'ikinyoma bugamije kurwanya umugambi w'agakiza ku bari mu isi. Itorero rikeneye kumenya ukuri ku bumwe bw'abera, kugira ngo be kugwa mu mutego w'umubi wo kubaka inyubako zigamije kurwanya intore z'Imana batabizi. Benshi bafite ishyaka ry'idini aho kugira irya Kristo, ntibagire umutwaro w'Abera bose, bazagwa muri uwo mutego, ariko abasobanukiwe ubumwe bw'umwuka nyakuri, ntibazemera kuyobywa n'ubumwe bw'ikinyoma, bazitandukanya n'uwo mwijima. “Nuko muve hagati ya ba bandi, Mwitandukanye ni ko Uwiteka avuga, Kandi ntimugakore ku kintu gihumanye. Nanjye nzabākīra, Kandi nzababera So, Namwe muzambere abahungu n'abakobwa, Ni ko Uwiteka Ushoborabyose avuga.” (2 Kor 6:17-18).
Dusenge: “Mwami Yesu, komeza Abera ubahe gushikama mu byizerwa no kuba umwe muri wowe, kugirango babashe kunesha umubi no gutsinda urugamba rwa nyuma, mu izina ryawe Yesu, Amen.”
Ещё видео!