Bakristo bavandimwe dushimishijwe cyane no kubagezaho iyi channel ya Assemblies of God Kayonza twagize umuhate wo gushyiraho mu rwego rw'umusanzu wacu mu gutuma ijambo ry'Imana rirushaho kugera ku barinyotewe aho baba bari hose. Muzakunda kuhasanga ibibwirizwa tuzajya tugezwaho na Pastor Dr.Bideri Denis, Umushumba Mukuru wa Assemblies of God, n'abandi bakozi b'Imana!
Icyo iyi channel igamije ni uko umuntu yarushaho guhinduka binyujijwe mu Ijambo ry'Imana rizajya rivugirwaho kugira ngo abe umuntu mushya kandi wuzuye haba ku mubiri, ku bugingo no ku mwuka nk'uko ari yo ntego nyamukuru y'Itorero EPADR( Assemblies of God mu Rwanda).
Imana ibahe umugisha!
NTIRANDEKURA Schadrac
KAYONZA
Ещё видео!