"Iki gice cyose cyerekana ko Babuloni yaguye ari amatorero atazakira ubutumwa bw’imbuzi Uwiteka yatanze mu butumwa bwa marayika wa mbere, uwa kabiri n’uwa gatatu. Banze ukuri bemera ikinyoma. Banze ubutumwa bw’ukuri. Soma 2Abatesaloniki 2:1-12. Ubutumwa buri mu gice cya cumi n’umunani cy’Ibyahishuwe burumvikana kandi burasobanutse neza. “Kuko amahanga yose yanyoye inzoga ari zo ruba ry’ubusambanyi bw’uwo mudugudu, kandi abami bo mu isi basambanaga na wo, abatunzi bo mu isi bagatungishwa n’ubwinshi bw’ubutunzi bwawo no kudamarara” -UBUTUMWA BWATORANYIJWE, Vol 2, Chap. 7, p.70
![](https://i.ytimg.com/vi/xQxgJt-NYsk/maxresdefault.jpg)