Umunyamideli Keza na The Trainer ukora akazi ko gukoresha imyitozo ngorora mubiri ni couple yari imaze kwamamara kumbuga nkoranyambaga. Kuri ubu aba bombi bamaze gutandukana iby’urukundo babivamo nyuma y’amezi ane gusa bari mu rukundo.
Keza ubusanzwe witwa Niyigena Solange hamenyekanye nk’umunyamideli, yagiye yifashishwa mu ndirimbo z’abahanzi batandunye ndetse akaba n’umukinnyi wa filime.
Kuva muri Nyakanga 2021 nibwo inkuru yabaye kimomo ko uyu mukobwa ari mu rukundo n’umusore witwa Laurien Izere ubusanzwe wiyita The Trainer.
Kuva ubwo aba bombi bahise batangira kwibanira, urukundo rwabo barushyize ku mbuga nkoranyambaga dore ko ari naho bahuriye. Ntibahwemaga kugaragarizanya amaranga mutima ari nako babwirana amagambo y’urukundo.
Mu minsi ishize mu kiganiro bombi bagiranye na Isimbi TV, The Trainer yahishuye ko afite gahunda yo kurushinga na Keza bakabana byemewe n’amategeko.
Amakuru agera kuri BTN nuko aba bombi bamaze gutandukana iby’urukundo babishyiraho akadomo.
The Trainer niwe wagaragaje ko atagikundana n’uyu mukobwa. Yashyize ubutumwa kuri Insta Story, agaragaza ko ibyabo byarangiye.
Yabanje gushyiraho indirimbo ya Kenny Sol yitwa ‘Forget’. Muri iyi ndirimbo Kenny Sol yishyira mu mwanya w’umusore uba yafashe umukunzi we amuca inyuma agahitamo kujya yiryamanira n’abakobwa bahuye bikarangirira aho.
Yakurikijeho ubutumwa avuga ko atakiri mu rukundo. Ati “Ntabwo nkiri mu rukundo. Ngiye kwita cyane ku kazi no ku byo nsanzwe nkora.”
Uretse ibi aba bombi nta n’umwe ugikurikira undi ku mbuga nkoranyambaga ndetse buri wese yasibye amafoto yosebagaragaraho bari kumwe.
Muri 2019 Keza yambitswe impeta y’urukundo n’umusore witwa Richard bari bamaze imyaka ine bakundana ariko birangira batandukanye.
Ещё видео!